Episodes

Monday Jun 15, 2026
Kwita ku Rusenda mu Gihe cyo Kurabya kugira ngo Rufate Imbuto Neza
Monday Jun 15, 2026
Monday Jun 15, 2026
Uyu munsi, turaganira ku buryo abahinzi bakwita ku gihingwa cy’urusenda mu gihe cyo kurabya kugira ngo gifate imbuto neza kandi gitange umusaruro mwiza. Iki ni igihe cy’ingenzi cyane kuko indabo z’urusenda ari zo zivamo imbuto zizasarurwa. Iyo urusenda rutitaweho neza muri iki gihe, indabo zishobora kugwa zitarafata imbuto, bikagira ingaruka ku musaruro n’inyungu z’umuhinzi.
Muri iki kiganiro, turagaruka ku kamaro ko kuhira neza no kubungabunga ubuhehere bukwiye mu butaka, gukuraho ibyatsi bibi mu bwitonzi, gukurikirana no kurwanya udukoko n’indwara hakiri kare, gukoresha imiti yemewe mu buryo bukwiye, ndetse no gukoresha intungagihingwa hakurikijwe inama z’ubuhinzi. Komeza ukurikirane YEAN Podcast kugira ngo ubone inama zifasha guteza imbere ubuhinzi bwawe.
Ufite igitekerezo cyangwa inyunganizi ku biganiro tubagezaho? Watwandikira kuri info@yeanrwanda.org cyangwa ugahamagara kuri 0788845727.
Iki kiganiro cyateguwe na YEAN ku bufatanye na gahunda ya YEFFA y’ikigo AGRA.

Wednesday May 13, 2026
GUKATA AMASHAMI MABI AKUZE NO KWITA KUBITI BY'AVOKA
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Abahinzi benshi bibanda cyane ku mirimo ikorerwa mu murima nyamukuru, ariko ni ngombwa kumenya ko umusaruro mwiza utangirira kumbuto nziza kandi nzima. Iyo ingemwe ari nke cyangwa zifite intege nke, n’ubwo wakora neza mu murima, ntubona umusaruro bwiza ugereranije nuwo wari kubona zimeze neza. Ariko iyo ingemwe ari nziza kandi zifite imbaraga, zifata neza mu murima kandi zigatanga umusaruro mwinshi.

Wednesday May 13, 2026
GUCUNGA NEZA PEPINIYERI
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Abahinzi benshi bibanda cyane ku mirimo ikorerwa mu murima nyamukuru, ariko ni ngombwa kumenya ko umusaruro mwiza utangirira kumbuto nziza kandi nzima. Iyo ingemwe ari mbi cyangwa zifite intege nke, n’ubwo wakora neza mu murima, ntubona umusaruro bwiza ugereranije nuwo wari kubona zimeze neza. Ariko iyo ingemwe ari nziza kandi zifite imbaraga, zifata neza mu murima kandi zigatanga umusaruro mwinshi. iyi nyigisho igaragaza uburyo twakwita kuri pepiniyeri y'ingemwe muri rusange

Wednesday May 13, 2026
IMIRIMO IKORWA MU KWITA K'UBUHUMBIKIRO BW'URUSENDA
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Ese ujya wibaza imirimo wakabaye wibandaho mu gutunganya ubuhumbikiro bw’urusenda?
Umusaruro mwiza utangirira kumbuto nziza, uko tuzitaho, uko twita k’ubuhumbikiro, ibyo bikaba isoko nziza y’umusaruro mwiza kandi mwinshi. muri iyi nyigisho, tuganira kugihingwa cy’urusenda ariko byumwihariko turaganira ku mirimo ikorwa mu kwita ku buhumbikoro bw’urusenda

Wednesday May 13, 2026
KUGEMURA NO GUTERA INGEMWE KU GIHE GIKWIYE
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Ibihingwa byiza biba byavuye kugemwe nziza, ibyo bigatuma tugoma kuzirikana kandi tugaha agaciro umurimo wo kugemura no gutera ingemwe zivuye mubuhumbikiro, iyo tubikoze neza, ntakabuza ibihingwa byacu biba byiza, twabikora nabi bikagira ingaruka mbi kubihingwa no kumusaruro muri rusange. muri iyi nyigisho turaganira kandi twibande kuburyo bwiza bwo kugemura no gutera ingemwe ku gihe gikwiye

Wednesday May 13, 2026
UBURUMBUKE BW'UBUTAKA N'IMICUNGIRE YABWO
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Iyo usaruye, ukabona umusaruro cyangwa se umusaruro ukaba mucye, ugira igihe cyo gutekereza ko mubyo usarure harimo n’uruhare runini rwuko wafashe ubutaka wakoreyeho ubuhinzi? Turabizi neza ko ntabutaka bwiza dufite ubuhinzi ntibwakorwa kandi bunakozwe ntago bwatanga umusaruro, muri iyi nyigisho turasangamo uko twarumbura ubutaka n’uko twasigasira uburumbuke bwabo.

Wednesday May 13, 2026
UBURYO BWIZA BWO KUGENZURA INDWARA N'IBYONNYI NO GUTERA UMUTI
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Muri iki gihe umuvuduko w’ibyonnyi n’indwara mu bihingwa uri kwiyongera, cyane cyane ibiboneka mu butaka ,utumatirizi, n’indwara ziterwa n’uduhumyo. Ni ngombwa rero ko tubyitondera, dukurikirana umurima kenshi kugira ngo ikibazo kigaragarwe hakiri kare.

Wednesday May 13, 2026
AKAMARO KO GUKORA NO KUBIKA AMAKURU AKORESHWA MU BUHINZI
Wednesday May 13, 2026
Wednesday May 13, 2026
Kimwe mu bikoresho by’ingenzi bifasha umuhinzi kuyobora neza ubuhinzi bwe ni gukora no kubika inyandiko z’ibikorwa by’ubuhinzi.
Kubika inyandiko z’ubuhinzi bisobanura kwandika no gutunganya amakuru yose ajyanye n’ibikorwa byo ku murima. Ayo makuru ashobora kuba ajyanye n’inyongeramusaruro zakoreshejwe, amafaranga yakoreshejwe, umusaruro wabonetse, n’amafaranga yinjijwe mu buhinzi nukuvuga kwandika buri gikorwa cyose cyakorewe mumurima gifite aho gihuriye n'amafaranga

About YEAN
YEAN is a Youth-Led Agriculture social enterprise created to empower farmers and agripreneurs through capacity building, foster innovation, optimization of information availability, quality agriculture input access, efficient crop and animal production technologies deployment towards contributing to the SDG Goal 2: Ending hunger, achieving food security, improving nutrition and promoting sustainable agriculture through engaging youth as agents of change. YEAN contributes to the Comprehensive African Agricultural Development Programme (CAADP) in its priority area no 4. of Improving agriculture research, technology dissemination and adoption through countries agriculture development strategies.
YEAN works to maximize its impact by applying strategies that optimize improvements in financial, social and environmental well-being of beneficiaries. We provide our services in a way that creates opportunities for farmers and value chain actors to learn and build their resilience in face of challenges like climate crisis and market ecosystem.
More about YEAN Work visit our website www.yeanagro.org
Call us on +250788845727
Write to us on info@yeanrwanda.org
Follow us on twitter: //twitter.com/YEAN_Agro
Join our facebouk community : //web.facebook.com/groups/farmerplatform/

